25.7 C
Kigali
Sunday, August 16, 2026

Kim Kardashian na Lewis Hamilton wamamaye muri Formula 1 bagaragaye basohokanye i Tokyo

spot_img

Kim Kardashian na Lewis Hamilton wamamaye muri Formula 1 bagaragaye basohokanye i Tokyo mu murwa Mukuru w’u Buyapani, nyuma y’igihe kirekire bimaze bivugwa ko bari mu munyenga w’urukundo.

AFRIZUM OFFERS

Amashusho yabo yasakajwe kuri X n’umwe mu bababonye. Abagaragaza mu muhanda wa kaburimbo uherereye muri uyu mujyi.

Aba bombi bagiriye ibiruhuko i Tokyo nyuma y’uko Lewis Hamilton aherutse gusiganwa mu Bushinwa atsindira umwanya wa gatatu muri ‘Chinese Grand Prix’ bya 2026

Aha yari yasiganwe akoresheje imodoka yo mu bwoko bwa Ferrari. Ikindi ni uko, mu mpera z’icyumweru gitaha, azitabira andi masiganwa azabera mu Buyapani.

Ku rundi ruhandwe, Kim Kardashian na we ahora mu kazi kenshi cyane by’umwihariko mu bikorwa bye by’ubushabitsi dore ko afite inzu y’imideri yitwa ‘Skims’. Akora ibiganiro kuri televiziyo, akita ku bana be ndetse akanabifatanya no kwiga amategeko.

Ubu si ubwa mbere aba bombi bafashe umwanya bakawuharira ibiruhuko bahuriramo. Mu ntangiriro za Werurwe y’uyu mwaka, basohokeye muri Leta ya Arizona

AFRIZUM OFFERS

Bigeze no kumererwa neza n’umubano wabo bafata indege berekeza mu Bwami bw’u Bwongereza no muri Amerika i Aspen muri Colorado.

Related Articles

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

28,000FansLike
396,898FollowersFollow
1,800FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- get quality only -spot_img

Latest Articles