Ni umukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa 22 Werurwe 2026 aho aya makipe yashakaga itike yo kujya muri 1/2 cy’amakipe yabaye aya mbere iwabo muri Afurika
Wari umukino w’ishiraniro aho amakipe yombi yakinaga ashaka kwinjiza cyane ku ruhande rwa RS Berkane kuko yari yinjijwe igitego mu mukino wabanje yari yakiyemo Al Hilal SC bombachas gutuma ikora ibishoboka ikinjiza byinshi
Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa nubwo cyaranzwe no kugera hafi y’amazamu ku mpande zombi bikaba iby’ubusa.
Uyu mukino wari wifashishijwe mo ikoranabuhanga rikomeye rya VAR rifasha mu kureba no gutahura amakosa mu mukino waje kugaragara mo ikosa ryatanze Penalite
ku munota ushyira uwa 60 nyuma y’amakosa yari akozwe n’abasore ba Al Hilal cyakora RS Berkane amahirwe yayo ntiyayabyaza umusaruro
Iyi penalite yatanzwe nyuma yo kwifashisha VAR bikigaragara ko habayeho ikosa ryakozwe n’abakinnyi ba Al Hilal SC ariko umuzamu wayo akitwara neza agakuramo iyi penalite yari itegerejweho guhindura byinshi muri uyu mukino

Uyu mukino wahuje RS Berkane na Al Hilal SC wari uryoheye amaso y’abakunzi b’umupira w’amaguru, waje kurangira amakipe yombi anganyije ubusa ku busa mu minota 90 isanzwe y’umukino
Gusa ikipe ya RS Berkane iza kwitwara neza mu minota y’inyongera kuko ku munota wa 4 w’inyongera yahise ibona igitego cyatsinzwe na Mounir Chouiar
Igitego kimwe cya RS Berkane cyahise gituma igira igiteranyo cy’ ibitego 2 kuri 1 cya Al Hilal SC iba imwe mu makipe ane azakina imikino ya 1/2 cyo gushaka amakipe azakina umukino wa nyuma wa CAF Champions league
Al Hilal SC yakinaga uyu mukino n’ishyaka ryinshi kuko yashakaga kusubira mu mateka ifite igakina 1/2 ku nshuro ya Kabiri nubwo bitagezweho.

Aya makipe yashakaga itike yo kujya muri 1/2 cy’amakipe yabaye aya mbere iwabo muri Afurika



