Nyuma Yuko ikipe ya Rayon Sport yitwaye Neza kumukino wayihuzaga na Police FC ikabona itike yerekeza muri 1/2 cy’ igikombe cya Amahoro Perezida wayo Murenzi Abdallah Yabwiye abakunzi biyikipe ya Rayon Sports ko umwaka utaha izaba Ari imwe muma Ekipe azaba akomeye m’ Urwanda mumwaka utaha
Yavuze ko mubibazo batangiranye uyu mwaka harimo ibiri kugenda bijya kumurongo nkuko babishaka
Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, Ari mubayisilamu bitabiriye isengesho ryabereye muri Kigali Pele Stadium ndetse azakuganiriza itangazamakuru agaragaza ibyishimo afite kuri Uyumunsi w’ Ilayidi
Murenzi Abdallah umuyobozi wa Rayon Sports yasabye abayisilamu kwishimira uyu munsi mukuru wabo ariko abibutsa ko bagomba gusangira n’inshuti n’abavandimwe ariko bakibuka gukomeza kwegere Imana birinda gukora ibibi nkuko byari bimeze muri uku kwezi bari bari kwibuka urukundo rw’Imana
Yatangaje ko ubu ikipe ya Rayon Sports iri mu rugamba rwo guhatanira ibikombe byombi kuko baracyari mu gikombe cy’Amahoro ndetse na Shampiyona Uyu muyobozi yashimiye abakunzi ba Rayon Sports nyuma yo kuba bakomeje kuza gushyigikira ikipe yabo kuri Sitade
Yakomeje agira ati “Abafana baze tugume hafi y’ikipe duhatanire ibikombe, dukumbuye gusohoka, dukumbuye igikombe, cyane icya shampiyona Ndahamya neza ko tuzasoza shampiyona aba-Rayon bishimye
Perezida wa Rayon Sports yatangaje ko umwaka utaha iyi kipe izaba ikomeye kuko ibibazo batangiranye uyu mwaka byatumye bashaka n’ibisubizo bizatuma umwaka utaha izaba ari ikipe ikomeye cyane
Akomeza avugako uyu mwaka Rayon Sports yagiye ihura n’ibibazo byinshi mu ntangiriro, ariko ibyo bibazo byayihaye imbaraga wogushaka umuti w’ ibibazo bari bafite
Nukuvuga ngo umwaka utaha Rayon Sports izaba Ari imwe mumakipe tuzaba dufite ahagaze Neza m’ urwanda yizeza abakunzi ba Rayon Sports ko umwaka utaha bazabona ikipe nshya, bazabona ibigwi bishya ndetse bazabona amateka mashya muri Rayon Sports
Nyuma yaho Murenzi Abdallah atangiriye kuyobora ikipe ya Rayon Sports, nta mvururu zikigaragara muri iyi kipe nk’izari zihari mu bihe byashize. Ikipe ya Rayon Sports ikomeje gusinya amasezerano n’abafatanyabikorwa kandi ubona ko bishobora kuyifasha mu bihe birimbere muguhagarara Neza mubijyanye N’ ubukungu ndetse nomukibuga.

uyu mwaka Rayon Sports yagiye ihura n’ibibazo byinshi mu ntangiriro, ariko ibyo bibazo byayihaye imbaraga wogushaka umuti w’ ibibazo bari bafite

Turi murugamba rwoguhatanira ibikombe byombi Kandi ntagukuraho



