25.7 C
Kigali
Sunday, August 16, 2026

Bobi Wine yemeje ko umugore we n’abana bahunze Uganda

spot_img

Bobi Wine, umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda akaba n’umuyobozi w’ishyaka National Unity Platform (NUP), yatangaje ko umugore we n’abana babo batakiri muri Uganda, nyuma y’uko bafashe icyemezo cyo guhunga kubera impungenge z’umutekano.

Uyu munyapolitiki, amazina ye nyakuri akaba ari Robert Kyagulanyi Ssentamu, yabivugiye mu nama mpuzamahanga ku burenganzira bwa muntu yabereye i Geneva. Yavuze ko nubwo urugo rwe ruri i Magere rukomeje kurindwa n’abasirikare, abo mu muryango we bo bamaze kuruvamo bashaka umutekano.

Mu ijambo rye, Bobi Wine yasobanuye ko nyuma y’amatora y’umukuru w’igihugu yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, umutekano w’urugo rwe wahungabanye. Yavuze ko abasirikare binjiye ku ngufu mu rugo rwe, bakagerageza gushakisha aho aherereye, ndetse bakagirirana amakimbirane n’umugore we, Barbie Kyagulanyi.

Bobi Wine kandi yashinje Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Muhoozi Kainerugaba, kuba yaratanze amabwiriza yo kumufata ku ngufu. Muhoozi ni umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, umaze imyaka myinshi ku butegetsi.

Mu matora aheruka, Komisiyo y’Amatora yatangaje ko Perezida Museveni yatsinze ku majwi 71.6%, mu gihe Bobi Wine yagize 24.7%. Icyakora, Bobi Wine ntiyemera ibyavuye muri ayo matora, avuga ko habayemo kunyereza amajwi no gukoresha igitugu ku batavuga rumwe n’ubutegetsi.

Kuva ayo matora yabera, Bobi Wine avuga ko ari mu bwihisho kubera impamvu z’umutekano. Akomeje gusaba amahanga n’imiryango mpuzamahanga gukurikirana ibibera muri Uganda no gushyira igitutu ku buyobozi kugira ngo hubahirizwe uburenganzira bwa muntu.

Hagati aho, bamwe mu bayobozi ba NUP bagerageje gusura urugo rwe i Magere, ariko bakumirwa n’abasirikare barurindaga. Ntiharasobanuka neza niba abo basirikare bari bazi ko umuryango wa Bobi Wine wamaze kuva mu gihugu.

Ibi bibaye mu gihe abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda bakomeje kugaragaza impungenge ku mutekano wabo nyuma y’amatora, mu gihe ubuyobozi bwo buvuga ko bukora ibishoboka byose mu kubungabunga ituze n’umutekano w’igihugu.

Related Articles

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

28,000FansLike
396,898FollowersFollow
1,800FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- get quality only -spot_img

Latest Articles