Ikipe ya APR Basketball Club yasinyishije umukinnyi w’Umunya-Amrika Quinn Cook, wegukanye igikombe cya National Basketball Association (NBA) inshuro ebyiri, mu rwego rwo kwitegura imikino ya Basketball Africa League (BAL) izakinwa mu 2026.
Cook w’imyaka 32 y’amavuko yamenyekanye cyane muri NBA aho yegukanye igikombe bwa mbere mu 2018 ari kumwe na Golden State Warriors, mbere yo kongera kugitwara mu 2020 ari kumwe na Los Angeles Lakers.
Mu gihe yakiniraga Lakers, Cook yanakinanye n’ibyamamare birimo LeBron James. Mu rugendo rwe muri NBA kandi yakiniye andi makipe arimo Dallas Mavericks, New Orleans Pelicans na Cleveland Cavaliers. Yagiye kandi akina mu marushanwa ya NBA G League ndetse no mu makipe yo mu bindi bihugu birimo n’u Bushinwa.
Amakuru yatangajwe na The New Times avuga ko Cook ateganyijwe kugera i Kigali ku wa Gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026 kugira ngo atangire gufasha iyi kipe mu myiteguro ya BAL.
APR BBC imaze iminsi igura abakinnyi bashya igamije kongerera imbaraga ikipe izahagararira u Rwanda muri iri rushanwa rihuza amakipe akomeye ku mugabane wa Afurika. Mu bamaze kuyigeramo harimo Madut Akec, Mangok Mathiang, Leonard Craig Randall na Teafale Marquise Lenard Jr..
Lenard Jr. ni umwe mu bakinnyi bitwaye neza mu irushanwa rya BAL 2025, cyane cyane mu mikino ya BAL Nile Conference 2025 yabereye i Kigali, aho yanatoranyijwe mu bakinnyi bagize All-BAL Second Team ndetse anashyirwa no mu All-Defensive First Team.

Amakuru kandi avuga ko APR iri hafi kurangiza ibiganiro byo gusinyisha umukinnyi w’Umunyecongo Garmine Kande, usanzwe akinira Deportivo Elemental Group Alega yo muri Espagne.
Mu marushanwa ya BAL 2026, APR BBC iri mu itsinda rya BAL Kalahari Conference 2026, aho imikino izakinwa kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza tariki ya 5 Mata 2026 i Pretoria muri South Africa.



