Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya gospel, Goke Bajowa, yamaze gukemura burundu amakimbirane yari afitanye na Boye Best ajyanye na copyright y’indirimbo.Uwo mwanzuro wo kwiyunga wabaye ku mugoroba wo ku wa Gatatu i Abeokuta, muri Leta ya Ogun, mu birori byo kumurika album nshya ya Boye Best.
Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike Bajowa atangaje ko ashobora kuregera Boye Best mu nkiko, amushinja gukoresha indirimbo ye izwi cyane “Iwo Ko Lodami” mu kwamamaza (promo) ibirori bye bya album, bigatuma bisa nk’aho ari Boye Best ari nyir’iyo ndirimbo.

Mu gusubiza ibyo yashinjwaga, Boye Best yanyomoje ayo makuru abinyujije kuri video yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, asobanura ko iyo video yamamaza yakozwe n’umuyobozi wa lounge (lounge manager) atabizi kandi atabimuhereye uburenganzira.
Gusa, muri video iri gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga yashyizwe hanze na Bajowa ku wa Kane, aba bahanzi bombi bagaragaye baririmbana mu ijoro ryabanje, mu birori byo kumurika album ya Boye Best.
Nyuma yo guhoberana, Bajowa yagize ati:“Urukundo rumwe, turi umuryango umwe. Boye ni umuntu mwiza. Abantu benshi bari barambwiye ibyiza bye ariko sinabyizeraga. Ubu ndabyemeye nyuma y’ibyo nabonye mu minsi ine ishize. Imana iguhe umugisha. Tuzakorana indirimbo abantu bazumva (stream), kandi tunonosore ibijyanye n’amasezerano.”



