Mu kiganiro yagiranye na Korty EO, uyu muhanzi uzwi nka Baddo yavuze ko iyo mpungenge iterwa n’ibyamubayeho mbere mu bitaramo bitandukanye.Yavuze ko hari igihe yabaga ari ku rubyiniro abantu bakamutungura bakamwambura urunigi cyangwa ingofero, ibintu byamuhaye ihungabana.

Olamide yavuze ko ibyo bintu byari biteye ubwoba cyane, kandi ko bituma ahora yumva afite impungenge igihe cyose agiye kuririmba imbere y’abafana.Yagize ati: “Buri gihe ngiye kujya ku rubyiniro ndagira ubwoba. Nahuye n’ibintu byinshi bidasanzwe nkiri kuririmba. Umuntu ashobora guhita aza akagufata urunigi cyangwa ingofero, ntumenye icyo ukurikiyeho.”



