Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Werurwe, ikipe ihagarariye u Rwanda RSSB Tigers igiye kwerekeza muri Africa y’Epfo aho igiye gukina ijonjora ryo gushaka itike y’imikino ya nyuma ya BAL 2026 izabera i Kigali muri Gicurasi.
Iyi kipe RSS Tigers igiye isimbuye APR BBC yikuye muri iri rushanwa, iri mu itsinda rya Kalahari Conference rizakinira muri Afurika y’Epfo, Pretoria guhera tariki ya 27 Werurwe kugeza ku ya 4 Mata 2026.

RSSB Tigers igiye guhagararira u Rwanda, ikaba iraza kwifashisha umutoza wa APR BBC, James Maye Jr uzaba wungirije Henry Mwinuka, abakinnyi 6 ba APR BBC barimoAxel Mpoyo, Ntore Habimana, Ndizeye Dieudonne, Mangok Mathiang, Teafale Leonard Jr na Graig Leonard Randle.
Abandi barimo ni Antino Jackson, Hagumintwari Steven, Bizimana Paul, Viny Okouo ba Tigers, Cyiza Chandelier wa Kepler BBC na Furaha Cadeaux de Dieu wa REG BBC.
RSSB Tigers igiye guhatana n’amakipe arimo Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo, Al Ahly Tripoli yo muri Libya, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.
Itsinda rya Sahara Conference ryo ririmo Fath Union Sport Rabat yo muri Maroc ahazakubera irushanwa, Al Ahly yo mu Misiri, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Club Africain yo muri Tunisia, JCA Kings yo muri Côte d’Ivoire na Maktown Flyers yo muri Nigeria.
Amakipe ane araza kwitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda bakina 1/4 guhera tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

Ubwo ikipe ya RSSB Tigers yariri mumyitozo yanyuma yasuwe na Ministry Mukazayire Nelly



