25.7 C
Kigali
Sunday, August 16, 2026

Bajowa yaburiye Boye Best amushinja kwiba indirimbo ye

spot_img

Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Bajowa, yavuze ko ashobora kujyana mu nkiko mugenzi we Boye Best amushinja kwigana no gukoresha indirimbo ye nta burenganzira.

Uyu muhanzi w’inararibonye mu muziki wa Gospel, Prince Goke Bajowa, yavuze ko Boye Best akomeje kuririmba indirimbo ye yitwa “Iwo Ko Lodami” mu bitaramo no ku mbuga zitandukanye atamuvuzeho nk’uyanditse.

Boye Best
Boye Best ari gushinjwa na Bajowa kumwiba indirimbo

Mu mashusho yashyize kuri Instagram kuri iki Cyumweru, Bajowa yavuze ko ubu ari imbuzi ya nyuma aha Boye Best.Yagize ati: “Boye Best, wakomeje gukoresha indirimbo yanjye ‘Iwo Ko Lodami’ ahantu henshi no mu bitaramo byinshi, kandi narakubwiye mbere ko utayifitiye uburenganzira.”

Yakomeje avuga ko nta muntu wamubujije kuyiririmba, ariko guhera ubu agomba kujya yemera ko Goke Bajowa ari we nyir’iyi ndirimbo igihe cyose ayikoresheje.Ati: “Nudakora ibyo, nta yandi mahitamo azasigara uretse gukoresha inzira zemewe n’amategeko kugira ngo ndengere uburenganzira n’agaciro k’umurimo wanjye. Iki kibazo ntikigomba gufatwa nk’ikintu cyoroheje.”

Related Articles

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

28,000FansLike
396,898FollowersFollow
1,800FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- get quality only -spot_img

Latest Articles