Umuraperi wo muri Nigeria Blaqbonez yavuze ko abantu basanzwe (“regular people”) bafite amahirwe menshi yo kubona urukundo nyarwo no kurukomeza kurusha ibyamamare.
Yasobanuye ko abantu basanzwe bafite gahunda zihamye zibafasha kubona umwanya uhagije wo kwita ku bakunzi babo, bitandukanye n’ibyamamare bikunze kugira gahunda zihindagurika buri gihe.Mu kiganiro aherutse kugirana na podcast ya Ada yitwa Ada’s Room, Blaqbonez yavuze ko bimugora kwiyemeza umugore umwe kubera imibereho ye nk’umuhanzi.
Yagize ati:“Mu rukundo, nitaho umukunzi wanjye ariko si mu buryo bwa fairytale. Ntabwo ntekereza ko nshobora guha umuntu wese urukundo nk’urwa fairytale. Ntekereza ko ibyo fairytale ari ibinyoma abantu bihimbira ngo badakomeza kwemera ukuri.”

Yakomeje avuga ko ubuzima bwe nk’umuhanzi ari imwe mu mpamvu zituma bimugora gukunda umuntu umwe gusa.“Niba nari umuntu usanzwe ugenda ku kazi agataha kwa mugenzi we buri munsi, byari koroha kwiyemeza umuntu umwe. Uba ufite gahunda isanzwe aho rimwe cyangwa kabiri mu mwaka hagira uhungabanya gahunda yawe. Ariko kuba umuhanzi, abantu bahora bahindura gahunda yawe buri munsi,” yavuze.
Blaqbonez yongeyeho ko indi mpamvu ari uko ibyamamare bigoye guhura n’abantu mu buryo busanzwe, kuko benshi baba bafite inyungu runaka.Yagize ati:“Biragoye cyane kubona urukundo nyarwo. Iyo uri umuhanzi, abantu benshi uhura na bo baba bafite impamvu yihishe. Biragoye kuko uba ugomba guhura n’abantu batari bateguwe, ahubwo ugahura n’abantu bisanzwe mu buzima.”



