Uruzinduko ruje nyuma y’iminsi micye comedienne Dem wa Facebook akoze baby shower yuje ibara n’akanyamuneza, aho yatangaje ko atwite impanga. Mu mashusho yasakaye kuri YouTube, yagaragaraga ari kumwe n’inshuti ze bitabiriye icyo gikorwa, bose bishimye cyane.
Mu birori, MC w’iyo baby shower ni we watangaje ku mugaragaro inkuru y’uko atwite impanga, bituma abari aho baterana amashyi n’akanyamuneza kenshi, bagaragaza ibyishimo bikomeye kuri icyo gihe cyihariye.

Dem wa Facebook yagize ati:“Ibuka ko nabwiye Imana ko nshaka kubyara uyu mwaka n’uwukurikiraho, ariko Imana yarebye ambwira ko nkeneye umugisha wikubye kabiri. Ndishimye cyane. Ndashaka gushimira umugabo wanjye wampinduye umubyeyi. Imana imuhe umugisha. Ndagukunda cyane kandi ndasezeranya kuba umubyeyi mwiza ku bana bacu.”
Uruzinduko rwa Senateri Allan Chesang
Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Dem wa Facebook yatangaje ko Senateri Allan Chesang yamugejejeho indamutso n’inkunga mu gihe ari kwitegura kwibaruka impanga ze.Yanagarutse no ku bibazo bijyanye n’ikiguzi cyo kurera abana, cyane cyane amafaranga ya diapers.
Yagize ati:“Umuntu wanjye yansabye kubagezaho indamutso ze, basore. Yambajije amafaranga ya diapers, ndamubwira ko agasanduku kamwe kari KSh 10,000 kandi nkeneye ibice 10. Nizera ko ntarengeje ku giciro.”Yasoje agaragaza ishimwe ku ruzinduko yagiriwe, ashimira Senateri Allan Chesang ku kuba yaramusuye muri iki gihe kidasanzwe cy’ubuzima bwe.



