Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Ahmed Ololade uzwi ku izina rya Asake, yavuze ku ruhare umujyi wa Lagos wagize mu guteza imbere umwuga we, agaragaza ko wamufashije gukura no kuba umugabo.
Asake wimukiye i Lagos nyuma yo gusoza amasomo ye muri Obafemi Awolowo University i Ile-Ife, yavuze ko uwo mujyi wamufashije gukura no kwigira.Mu kiganiro giherutse na Spotify, uyu muhanzi wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Sungba,” yavuze ko Lagos yamubereye isoko y’ihumure n’ihumekerwa mu bihangano bye byinshi.

Yagize ati:“Lagos yanyigishije kubaho nk’umugabo. Ni na yo yatumye indirimbo zanjye nyinshi zivuka.”Yakomeje avuga ko ashimira Imana kuba impano ye iri gukundwa ku rwego mpuzamahanga, anagaragaza ko hari abahanzi benshi bamurusha impano ariko batabasha kumenyekana.
Yagize ati:“Ndishimye kuko hari abantu benshi bakora umuziki kandi benshi muri bo barusha njye impano. Ndashimira Imana ko impano yampaye ndi kuyikoresha, atari mu gihugu gusa ahubwo no ku rwego rw’isi. Ku bw’ibyo byose, nshimira Imana.”



