25.7 C
Kigali
Sunday, August 16, 2026

Umuryango wa Kiriziya Gatolika mu Rwanda na Burundi Wafashe icyemezo cyo Kuvugurura Uburezi Mubigo byose bya Kiriziya

spot_img

Abepisikopi bo mu Rwanda no mu Burundi, batangaje ko bagiye gushyira mu bikorwa Amasezerano Mpuzamahanga n’Aya Afurika ku Burezi mu mashuri Gatolika yo muri ibi bihugu byombi. Ibi byatangajwe nyuma y’inama rusange yabo yabereye i Kigali mu Rwanda

Kiliziya Gatolika muri ibi bihugu ifite uruhare rukomeye mu burezi, kuko ifite amashuri abarirwa mu byiciro byose: ay’inshuke, abanza, ayisumbuye, ay’imyuga n’ubumenyingiro ndetse na za kaminuza.

Abepisikopi bagaragaje ko iki cyemezo ari igisubizo ku butumwa bwa Papa Leo XIV bwo kongera gusuzuma no kunoza inshingano z’amashuri Gatolika muri Afurika, cyane cyane harebwa ku bibazo byugarije uyu mugabane.Guteza imbere indangagaciro z’ubumuntu

Abepisikopi bemeje ko uburezi Gatolika bugomba gushingira ku kwigisha indangagaciro z’ubumuntu n’iz’ubukirisitu, bavuga ko zimaze kugabanuka mu karere k’Ibiyaga Bigari

Bagize bati: “Dushingiye ku Masezerano y’Uburezi ya Afurika, Kiliziya igomba guteza imbere uburezi bwuzuye, buhuza ubumenyi, imyitwarire myiza n’umurimo wo gufasha abandi.”

Biyemeje kandi guteza imbere ireme ry’uburezi, by’umwihariko bigisha urubyiruko guha agaciro buri muntu no kwita ku batishoboye.

Mu rwego rwo gushyira mu bikorwa iki cyemezo, Abepisikopi batangaje ko bagiye gukora isuzuma ryimbitse ry’imikorere y’amashuri Gatolika, bagamije kuyagira igikoresho gikomeye cy’impinduka nziza mu muryango

Biteganyijwe ko hazategurwa Inteko Rusange z’Uburezi Gatolika zizahuza inzego zitandukanye, hagamijwe gushaka ibisubizo by’ibibazo bihari no kunoza imikorere.

AFRIZUM OFFERS

Abepisikopi bateganya kandi gukangurira abagize urwego rw’uburezi Gatolika bose gushyigikira aya masezerano. Bashyizeho intego ebyiri z’ingenzi z’igihe gito: gukwirakwiza ayo masezerano no gushyiraho komisiyo izategura amabwiriza azayashyira mu bikorwa.

Iyi nama yayobowe na Karidinali Antoine Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali, afatanyije na Musenyeri Joachim Ntahondereye wa Diyosezi ya Muyinga mu Burundi

Iyi gahunda ije isanga izindi ngamba zatangiye gufatwa n’andi mashyirahamwe y’Abepisikopi muri Afurika, harimo ayo muri Nigeria no muri Repubulika ya Santarafurika, mu rwego rwo guteza imbere uburezi bufite ireme kandi bushingiye ku ndangagaciro

Related Articles

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

28,000FansLike
396,898FollowersFollow
1,800FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- get quality only -spot_img

Latest Articles