Nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru w’imikino uzwi cyane Fabrizio Romano, Mourinho yamaze kumvikana na Real Madrid ku masezerano y’imyaka ibiri, nyuma y’ibiganiro byari bimaze iminsi hagati y’impande zombi.
Uyu mutoza w’Umunya-Portugal azasimbura Álvaro Arbeloa, wari wahawe iyi kipe by’agateganyo nyuma yo gusimbura Xabi Alonso muri Mutarama.
Mourinho yaherukaga muri Real Madrid hagati ya 2010 na 2013, aho yayifashije kwegukana ibikombe birimo La Liga, Copa del Rey ndetse na Supercopa de España. Muri icyo gihe kandi, yubatse ikipe ikomeye yasubije Real Madrid ku rwego rwo guhangana bikomeye n’amakipe akomeye ku Mugabane w’u Burayi.
Mbere yo kwemera kugaruka muri Espagne, Mourinho yari asanzwe atoza Benfica kuva muri Nzeri umwaka ushize. Nubwo iyi kipe itaratsindwa umukino n’umwe muri shampiyona kugeza ubu, kunganya imikino myinshi bishobora gutuma isoza iri ku mwanya wa gatatu.
Uyu mutoza w’imyaka 63 afite ubunararibonye bukomeye mu mupira w’amaguru, aho yanyuze mu makipe akomeye arimo Chelsea, Inter Milan, Manchester United, Tottenham Hotspur ndetse na Roma.
Kugaruka kwa Mourinho muri Real Madrid bije mu gihe iyi kipe imaze umwaka utari mwiza haba mu mikinire no mu mwuka wo mu rwambariro, ibintu byatumye ubuyobozi bwayo bushaka umutoza ufite ubunararibonye n’ubushobozi bwo kongera kuyisubiza ku rwego rwo hejuru.



