Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yatangaje ko yamaze kugirana amasezerano n’Umunya-Espagne Xabi Alonso yo kuyibera Umutoza Mukuru mu gihe cy’imyaka ine.
Kwamamaza aya makuru byakozwe kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe.
Chelsea yari imaze igihe ishakisha umusimbura wa Liam Rosenior wirukanwe muri Mata 2026 kubera kutitwara neza kw’ikipe muri shampiyona.
Nyuma yo gutandukana na Rosenior, ikipe yasigaranye Calum McFarlane nk’umutoza w’agateganyo mbere y’uko hafatwa icyemezo cyo guha Alonso izi nshingano.
Xabi Alonso yari amaze amezi ane adafite ikipe nyuma yo gutandukana na Real Madrid, aho yari yarakoze akazi gakomeye mbere yo kuva muri iyi kipe.
Mu itangazo Chelsea yashyize hanze, yavuze ko yishimiye kwakira umwe mu bantu bafite izina rikomeye muri ruhago y’u Burayi.
Yagize iti: “Alonso aje muri Chelsea afite uburambe bukomeye nyuma yo gutoza amakipe arimo Real Madrid na Bayer Leverkusen, ikipe yahesheje igikombe cya shampiyona bwa mbere mu mateka yayo.”
Chelsea kandi yagaragaje ko ibona Alonso nk’umuntu ushobora kuyifasha kongera kubaka ikipe ikomeye, ifite ubushobozi bwo guhatanira ibikombe.
Mu magambo ye ya mbere nyuma yo kugirwa umutoza wa Chelsea, Alonso yavuze ko yishimiye kuba agiye gukora muri imwe mu makipe akunzwe kandi afite amateka akomeye ku Isi.
Ati: “Ubwo naganiraga n’ubuyobozi bwa Chelsea nahise mbona ko dufite icyerekezo kimwe. Intego ni ukubaka ikipe ihora ihatanira ibikombe kandi ikagira umuco wo gutsinda.”
Yakomeje avuga ko Chelsea ifite abakinnyi bafite impano nyinshi, bityo ko igisigaye ari ugukora cyane kugira ngo ikipe igere ku rwego rwifuzwa.
Xabi Alonso azatangira inshingano ze ku wa 1 Nyakanga 2026.

Aje asanga Chelsea iri mu bihe bitari byiza kuko iheruka gutsindwa na Manchester City ku mukino wa nyuma wa FA Cup igitego 1-0, ndetse ikaba iri ku mwanya wa cyenda muri Premier League n’amanota 49.



