Umuhanzi Ya Levis akomeje gukundwa no kuvugisha benshi mu bakunzi b’umuziki hirya no hino, bitewe n’ubuhanga bwe mu kwandika indirimbo zirimo amagambo asobanutse, amarangamutima menshi n’ubuhanzi budasanzwe.
Bamwe mu bamukurikira bavuga ko ari umwe mu bahanzi bake bo muri Afurika bashoboye guhuza ijwi ryiza n’amagambo akora ku mutima. Indirimbo ze nyinshi zikunda kuvuga ku rukundo, ubuzima bwa buri munsi n’inkuru abantu benshi bihuriraho, ari na byo bituma abakunzi be bagenda biyongera umunsi ku wundi.
Hari abemeza ko muri iki gihe nta wundi muhanzi muri Afurika umurenza ubuhanga mu kwandika lyrics zifite ubujyakuzimu, ubutumwa n’amarangamutima. Bavuga ko buri ndirimbo ye iba ifite umurongo usigira umuntu isomo cyangwa ukamwibutsa ibihe runaka yanyuzemo.
Kuki Ya Levis atari we muhanzi wa mbere muri Afrika
Nyamara nubwo Ya Levis ashimwa cyane, hari abandi bahanzi bo ku mugabane wa Afurika bakunze kuvugwa muri uru rwego. Abo barimo Fally Ipupa, Burna Boy, Sauti Sol ndetse n’abandi benshi bagaragaje ubuhanga mu guhanga amagambo.Ikibazo gikomeje kwibazwa ni iki: Ese koko Ya Levis ni we nimero ya mbere muri Afurika mu bijyanye na lyrics? Cyangwa hari abandi bamurusha?

Igisubizo gishobora gutandukana bitewe n’icyo buri muntu akunda, injyana yumva cyangwa uburyo asesengura umuziki. Hari abakunda amagambo yuje urukundo n’amarangamutima, abandi bagashyira imbere ubutumwa bukomeye cyangwa ubuhanga mu gukina n’amagambo.
Icyakora, ikigaragara ni uko Ya Levis yamaze kwiyubakira izina rikomeye mu muziki wa Afurika, kandi akomeje kugaragaza ko ari umwe mu bahanzi bafite impano idasanzwe mu kwandika indirimbo zikora ku mitima ya benshi.




