Umuhanzi Joshua Baraka ukomeje kuzamuka ku ruhando mpuzamahanga rw’umuziki, asa n’uwazanye uburyo bwe bwihariye mu miririmbire no mu myandikire y’indirimbo ze, ibintu bitangiye gukurura amatsiko y’abakunzi b’umuziki.
Nyuma y’iminsi itanu gusa hasohotse indirimbo yakoranye n’umuhanzi nyarwanda Kivumbi King”stallion“, Joshua Baraka yamaze guteguza indi ndirimbo nshya ateganya gushyira hanze mu minsi ya vuba.Si ubwa mbere uyu muhanzi agaragaje umwihariko nk’uyu.

Mu ndirimbo “Ayayaah” yakoranye na Element Eleeeh, ni we ufungura indirimbo aririmba atondeka imibare mu Cyongereza agira ati “One, two, three, four, five, six, seven, eight, nine, ten…”.No mu gace gato (snippet) k’indirimbo ye nshya yateguje, ishobora kwitwa “What Do I Know?”, Joshua Baraka yongeye kumvikana atangira mu buryo busa n’ubwo, agira ati “Two, three, four, five, six, seven…”.

Ibi byatumye bamwe mu bakurikiranira hafi umuziki we batangira kubona ko gukoresha imibare mu ntangiriro z’indirimbo bishobora kuba biri mu biranga umwihariko we nk’umuhanzi. Nubwo atarabitangaza nk’ikimenyetso cye ku mugaragaro, kuba akomeje kubisubiramo mu ndirimbo zitandukanye byatangiye gukurura ibitekerezo byinshi.
Mu gihe indirimbo nshya ya Joshua Baraka itarashyirwa hanze, abakunzi be bakomeje kuyitegerezanya amatsiko, cyane cyane nyuma y’uko ibikorwa aherutse gukorana n’abahanzi bo mu Rwanda byakiriwe neza n’abatari bake.



