Nk’uko byatangajwe, ku wa 15 Gicurasi 2026, abanyeshuri 39 n’abarimu barindwi bashimuswe mu mashuri atatu arimo Baptist Nursery and Primary School (Yawota), Community Grammar School na L.A Primary School (Esiele), yose aherereye mu Karere ka Oriire muri Leta ya Oyo. Muri icyo gitero kandi, abarimu babiri bishwe, ibintu byateje uburakari n’agahinda mu gihugu hose.
Agaragaza impungenge ze, Victony yasabye Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, guhagurukira ikibazo cy’umutekano muke no gutabara abashimuswe bose, cyane cyane abana.Abinyujije ku rubuga rwa X, Victony yagize ati: “Nimutabare abana bacu kandi muhagarike aka kaga.”

Ku ruhande rwa Davido, yavuze ko yababajwe cyane n’ibyabaye ndetse n’imibabaro abanyeshuri n’abarimu bakomeje kunyuramo aho bafungiwe n’ababashimuse.Yanditse kuri Snapchat ati: “Nacitse intege. Mana nyamuneka fata ubuyobozi. Ntidushobora gukomeza gutya. Umutima wanjye uri kumwe n’abahuye n’ibi n’imiryango yabo. Ibi birababaje cyane.”
Na Timaya yasohoye itangazo risaba ubutegetsi bwa Nigeria gufata ingamba zihutirwa mu guhangana n’ikibazo cy’umutekano muke gikomeje kwiyongera mu bice bitandukanye by’igihugu.Mu butumwa bwe yagize ati: “Turasaba Guverinoma kongera imbaraga, ubufatanye n’ibikorwa bifatika mu gukemura ibibazo by’umutekano bikomeje kwibasira ibice byinshi by’igihugu cyacu.”



