Manager ushinzwe ibijyanye n’ingendo za Davido ndetse n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Israel Afeare uzwi nka Israel DMW, yibasiye uwahoze ari umunywanyi wa Big Brother Naija wegukanye iryo rushanwa, Phyna, nyuma y’uko amwise umugabo udashobora kubyara.
Byatangiye ubwo Phyna yavugaga ko ikibazo afitanye na VeryDarkMan cyatewe n’uko yanze kuryamana na we.Mu gusubiza ibyo birego, Israel yavuze ko Phyna afite ikibazo cy’umunuko mu gitsina.Nyuma yaho, mu kiganiro live yakoze ku Cyumweru nimugoroba, Phyna yasubije umuntu wari wanditse ati: “VeryDarkMan yamaze kugusambanya cyane,” maze avuga ko Israel DMW ari umugabo udashobora kubyara.

Mu magambo ya Pidgin English yavuze ati:“Oya, sinaryamana n’umugabo uryamana n’abagabo bagenzi be, urashaka ko yanduza indwara? Israel DMW, uwo yararangiritse. Igicucu ku myaka 40, kandi azahora ari igicucu.
“Israel ajya avuga ko igitsina cya Phyna gifite umunuko. Nibura nubwo yavuze ko gifite umunuko, yarakinsanze. None se wowe udashobora kubyara? Israel udashobora no kubyara umwana uwo ari we wese. Israel ufite imyaka 52.”Mu butumwa bwinshi yashyize kuri Instagram ye, Israel yavuze ko impamvu atarabyara ari uko ashaka kuzabyarana abana bose n’umugore we bazaba barasezeranye byemewe n’amategeko, aho kubabyarana n’abo babyarana batashakanye.
Yashyizeho ifoto ya Phyna maze arandika ati:“Mu Nigeria, iyo uri icyamamare wahisemo gushaka umugore umwe mu buryo bwemewe n’amategeko kandi mukabyarana abana, aho kubyara abana hanze, bahita bavuga ko uri impotent. Ibibazo gusa. Igicucu.”




