19.3 C
Kigali
Monday, August 17, 2026

Khaby Lame Mu Bantu 50 Bakomeye ku Mbuga Nkoranyambaga Mu 2026

spot_img

Umunya-Senegal ukorera mu Butaliyani, Khaby Lame, yongeye kwigaragaza mu bantu bafite ijambo rikomeye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushyirwa ku rutonde rw’abakomeye 50 ku Isi mu mwaka wa 2026.

Khaby Lame yamenyekanye binyuze mu mashusho magufi asetsa agaragaza uburyo bworoshye bwo gukora ibintu abantu benshi bakunze kugora. Ubu ni we muntu ukurikirwa cyane kuri TikTok, aho afite abamukurikira barenga miliyoni 160.

Ikinyamakuru Forbes cyatangaje ko uyu munyabigwi yinjije miliyoni 9.9 z’amadolari ya Amerika mu mwaka ushize, mu gihe ibikorwa bye bikomeje gukurura ibigo bikomeye by’ubucuruzi ku rwego mpuzamahanga.

world tiktoker

Mu ntangiriro za 2026, Khaby Lame yagiranye amasezerano afite agaciro ka miliyoni 975 z’amadolari ya Amerika ajyanye n’uburenganzira bwo gukoresha izina rye n’ibikorwa by’ubucuruzi bimushamikiyeho. Aya masezerano agaragaza uburyo abakoresha imbuga nkoranyambaga bamaze guhinduka igice gikomeye cy’ubukungu bw’isi.

Abasesenguzi bavuga ko urugendo rwa Khaby Lame, rwamuvanye ku kazi ko mu ruganda rukamugeza ku rwego rwo kuba umwe mu bantu bazwi cyane ku Isi, ari ikimenyetso cy’uko impano n’umurava bishobora gutanga amahirwe akomeye ku rubyiruko, cyane cyane urwo muri Afurika.

Related Articles

spot_img

LEAVE A REPLY

Please enter your comment!
Please enter your name here

Stay Connected

28,000FansLike
396,898FollowersFollow
1,800FollowersFollow
0SubscribersSubscribe
- get quality only -spot_img

Latest Articles