Uhereye igihe MTN Iwacu Muzika Festival’ imaze itumira abahanzi bagiye batandukanye mubikorwa byoguteza imbere umuziki nyarwamda n’ itumanaho kumuyobori Wa MTN Davis D ntabwo yari yarigeze atumirwamo narimwe
Kunshuro yambere yatekerejweho ndetse yizeza abakunzi b’umuziki kuzabaha ibyishimo Ibi Davis D yabigarutseho nyuma y’uko yemejwe nk’undi muhanzi uzitabira ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival
Ibitaramo bizenguruka u Rwanda hasusurutswa abakunzi b’umuziki Davis D yijeje abakunzi b’umuzikiwe kuzakora ibitaramo byiza ari na ko atanga n’ibyishimo bisendereye ku bakunzi ba muzika
Yagize Ati “Najyaga ndeba ibyo bakora ndabizi, nibaza ko abakunzi b’umuziki bari barimwe ibyishimo Igihe kirageze. Ndaje mbapfubure kuko ibyishimo byabo byapfubijwe imyaka myinshi
Davis D yavuze ko iteka iyo ibi bitaramo byajyaga gutangira yabaga abizi ko akenewe ariko akabona birangiye atagiyemo nubwo we ahamya ko yabaga yiteguye ko igihe azagerwaho azakora ibyo benshi batakoreye abakunzi b’umuziki
Ati “Ntakubeshye hari n’igihe twabaga twaganiriye wenda ntibikunde ko nitabira gusa buri mwaka uko habaga ibi bitaramo nabaga mbizi ko nkenewemo Ndabizi neza ababitegura bagiye kubona ko nakabaye naragiyemo na mbere kuko bazaba babibwirwa n’abakunzi b’umuziki.”
Davis D ugiye kwitabira ibi bitaramo bwa mbere, yatangajwe nyuma ya Kevin Kade, Bushali, Marina na Kenny Sol bari baherutse gutangazwa
Ibi bivuzeko hasigaye abahanzi babiri bataratangazwa n’ubuyobozi bwa EAP isanzwe itegura ibi bitaramo.Byitezwe ko ibi bitaramo bizatangira ku wa 20 Kamena 2026 bikarangira ku wa 1 Kanama 2026, bizabera mu mijyi ya Huye, Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.

Davis D yavuze ko iteka iyo ibi bitaramo byajyaga gutangira yabaga abizi ko akenewe

Davis D yijeje abakunzi b’umuzikiwe kuzakora ibitaramo byiza ari na ko atanga n’ibyishimo bisendereye ku bakunzi ba muzika




